Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melody ni umwe mu bahanzi icumi bari guhatana mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star igiye kuba ku nshuro yayo ya munani. Uyu muhanzi ugiye kwitabira iri rushanwa inshuro ya 5 ikaba iya kane nk’umuhanzi uhatana ngo ntagiye gutembera ahubwo agiye mu irushanwa kuritwara.

Bruce Melody yinjiye mu irushanwa mu mwaka wa 2012 ubwo yafashaga abahanzi ku rubyiniro icyakora ntibyagoranye cyane ko muri 2014 yahise yinjira mu irushanwa nk’umuhanzi noneho uhatanira igikombe. Muri 2014 igihembo cya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya kane cyegukanywe na Jay Polly maze Bruce Melody aba uwa gatatu. Umwaka wakurikiyeho Bruce Melody wari mu bahanzi bakunzwe yaje kongera kwitabira iri rushanwa ryegukanywe na Butera Knowless maze Bruce Melody aba uwa kabiri. Muri 2016 uyu musore yaje kongera kwitabira iri rushanwa aho ryegukanywe na Urban Boys icyakora bikarangira Bruce Melody abaye uwa gatatu.

SOMA INKURU  IRAMBUYE HANO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Mata 2018 nibwo Sheebah Karungi yashyize hanze indirimbo ye nshya ‘Embeera Zo’ iyi yakoranye na Bruce Melody, icyakora iyi ndirimbo ikigera hanze Inyarwanda.com twabashije kumenya ko iyi ari indirimbo yari yaririmbwemo na Charly na Nina Sheebah Karungi yakuyemo agashyiramo Bruce Melody.
Aya makuru usibye kuyabwirwa Inyarwanda.com yaje kubona izi ndirimbo uko ari ebyiri ndetse ku buryo bwumvikana ko Sheebah Karungi yafashe icyemezo agakuramo aba bahanzikazi babanyarwanda agashyiramo Bruce Melody, amakuru ariko kandi yahamijwe na barinyiri uyu mushinga bahamije ko koko ariko byagenze nkuko Nina wo mu itsinda rya Charly na Nina yabitangarije umunyamakuru.

Aganira na Inyarwanda.com Nina yashize amanga atangaza uko ikibazo cyagenze, aha Nina akaba yagize ati” Urumva twakoranye indirimbo ns Sheebah iranarangira, hari hasigaye gufata amashusho y’indirimbo yayo ariko hagati aho twari dufite nundi mushinga na Bebe Cool tujya Kampala tugiye kurangiza uwa Bebe Cool ngo tuzasubire kurangizanya umushinga w’indirimbo na Sheebah gusa umujyanama wa Sheebah yifuzaga ko twabanza indirimbo yabo cyangwa tukazikorana ntabwo byadukundiye ahubwo twakoze imwe.”

Uyu mukobwa yatanagaje ko batazi neza niba aricyo cyateye manager wa Sheebah kubakura mu ndirimbo bakoranye cyangwa niba hari indi mpamvu cyane ko batigeze babiganiraho, uyu muhanzikazi yatangaje ko nabo babyumvise ko indirimbo baririmbyemo yagiyemo Bruce Melody ariko ntabundi busobanuro babashije kubona, aha uyu muhanzikazi akaba yagize ati” Ni ukuri ntabyinshi navuga turabifuriza amahirwe masa Imana izabafashe indirimbo igere kure kandi ntamutima mubi ubwo nyine ntiyari iyacu.”

SOMA INKURU IRAMBUYE HANO

Aya ni amagambo ngarutseho nshaka kwerekana uko urukundo  abantu bagiriraga abana rwagabanutse, ndetse hamwe ukabona rwaranashize burundu.

Ubundi kera wasangaga umwana agirirwa urukundo n’abantu bose uretse n’ababyeyi bamwibarutse, n’umuryango wose mugari ukobona wita ku bana ndetse umuntu witaye kumwana uwo ariwe wese bakamwita infura.

Aho mu ndangagaciro ziranga infura harimo igira iti: «  Infura ni umuntu wapfa akakurerera. »Ariko kuri ubu usanga abana nta muntu ukibitayeho, ahubwo ubona n’iyo umugabo yapfuye, agasiga umugore n’abana. Abantu batinda ku mugore kurusha uko batekereza ku bana Nyakwigendera yasize.

Ugasanga ikiliyo ntikiranasozwa, ariko abagabo batangiye gusaba umugore ubushuti ngo bazabane, ntibagira umubare. Kandi abenshi baba ari abaribasanzwe ari inshuti z’uyu muryango.
Ukabona barasimburanywa mu cyuma aho uyu mugore ari, abapfunda amafaranga ndetse n’ibindi byøagaciro bitandukanye, ngo bari kumufata mumugongo. Nyamara wajya kureba ugasanga bibereye mu mishinga y’uko agiye kuzamwegukana nyamara abana ba nyakwige ukabona ntamuntu unabitayeho.

Ikibabaje ni uko na nyina ubabyara ujya kubona ukabona ubwenge burasa nubwatakaye, agatangira gushaka abo mu miryango y’umugabo ngo nibaze bafate abana babo, cyangwa akanabashyira, atitaye ku mibereho yabo agasanga umugabo umwe muri abo, kandi ikibabaje akenshi uba unasanga ari urugo rw’abandi narwo agiye gusenya kuko uyu mugabo aba asanganywe urugo.

Ibi ni ibintu maze kubona inshuro irenze imwe, rwose ukabona ahubwo abagabo barakora akanama ngo ubuse ninde usigarana uyu mugore, ukagira ngo ni izindi mpuhwe nibura bafitiye umuryango wasizwe naho ari ukugira ngo bibonere umugore.

Ntibukecya kabiri, umugore aba amaze kwiyibagiza abana, ahubwo ukabona yabonye rugari, afite abagabo benshi bamurera da! Naho abana bakajya mu muryango w’umugabo( Ise ubabyara) yaba bishoboye cyangwa batishoboye ukabona ntacyo bibabwiye, nyina yitwaje ko ntabushobozi afite bwo kubatunga.

Nyamara nyamugore kuko afite abamurera barenze umwe ndetse ntan’umutima uhagaze yifitiye akagenda agasubira ubukumi, reka akiyitaho wamureba ukamuyoberwa ko ari Nyirakanaka wari usanzwe uzi.

Wajya kureba ugasanga infura z’ubu aho kugira ngo bite ku mpfubyi ahubwo bita ku mupfakazi, ariko ari inyungu zabo bashyize imbere. Ubundi umuntu mwarabanaga yaba yapfuye ukita ku mfubyi yasize, abantu bose bakajya bagushima bati: “Disi wabaye inshuti nyanshuti ni uko ntawugenda ngo agaruke ariko nyakwigendera agarutse disi yagushimira,…” Ubu ndibaza koko hari ugenda akagaruka, agasanga uri kumurerera umugore abana badafite hepfo na ruguru, ubanza bafatana mu mashati!

Noneho iyo nyakwigendera yarwaye igihe kirekire, uziko bamurwaza baratangiye imishinga izakurikiraho nyuma y’uko ashizemo umwuka!

Reka nsoze nisabira abantu kugarura ubumuntu ndetse no kureka gushyira irari ryabo imbere y’ibifitiye inyungu umuryango mugari. Uwo mupfakazi aba ari umuntu mukuru yanamenya kwishakira ubuzima. Ariko abana nyine ni abana baba bagikeneye kwitabwaho kugira ngo bazagire aho bigeza.

Cyangwa se niba uri umugabo wagiriye impuhwe uwo mugore, niba wifuza kuzajya mugira nibyo mwigirira nibura mugirire impuhwe n’abana yabyaye nibwo nibura twazemera ko wamugiriye impuhwe kandi nawe mugore wikwirengagiza abana bawe wibyariye, ubwo buzima wagira utari kumwe n’abana bawe simpamya ko hari amahoro wazabugiriramo, byatinda cyangwa bigatebuka wazabona ingaruka mbi.

[trends][fbig2 animated][#8e44ad]
Powered by Blogger.